Ingaruka kureba amashusho y’urukozasoni bigira ku bwonko bwacu


Kureba amashusho y’urukozasoni  bigira ingaruka mbi ku bwonko bwacu aho bitera ububata ugahora wumva agatima kararikiye kuyareba ,dore ko ubu internet(murandasi) yabyoroheje  aho usanga amashusho n’amafoto y’urukozasoni  aho ufunguye hose.





Kureba amashusho y’urukozasoni bituma ubwonko burekura umusemburo wa Dopamine ,Uyu musembuo ukaba utuma umuntu ararikira ikintu runaka cyatumye urekurwa , uurugero nko knywa inzoga ndetse no gukora ibindi bikorwa bikora ku murangamutima bituma uhora  ubyifuza ,ibyo byose biba byatewe n’uyu musemburo wa Dopamine.





Iyo ureba aya mashusho y’urukozasoni  bivubura uyu musemburo ku bwinshi ku buryo birenga  urugero wari usanzwe  uvuburwaho mu gihe uri gukora imibanano mpuzabitsina ,ibi bikaba byatera  gutakariza ubushake no kwifuza uwo mwashaka akaba ariyo mpamvu usanga abagabo babaswe no kureba aya mashusho no kwikinisha bagira ikibazo cyo gutakaza ubushake igihe bari kumwe n'abago’e babo ariko no ku bagore niko bigenda





Dore izindi ngaruka  mbi bishobora gutera





Ku bwonko                             





Umugabo wabaye imbata yay’amashusho  hari igihe bigera akabona abagore bose nk’igikoresho cyo kwimara irari buretse ko hari n’abatakaza kwifuza abagore ahubwo bo bagahora bashaka ayo mafoto





Ibi bikaba byatera kuba bafata abana ku ngufu ,kurangiza ako kanya mu gihe baryamana nabo badahuje igitsina,no kudaha agaciro n’icyubahiro abagore babo





Muri rusange kureba amashusho y’urukozasoni byangiza ubwonko ,bikangiza marangamutima yawe ,ugatakaza ubushobozi bwo gusesengura no gushyira mu gaciro





Ku mubiri





Kureba amashusho y’urukozasoni bitera ububata ,bigatuma wumva wifuza imibanano mpuzabitsina  ku buryo byagutera kwijandika mu busambanyi bikaba byagukururira kurwara indwara zandurira mu mibanano mpuzabitsina





Mu mibanire n’abandi





Umuntu wijanditse mu kureba aya mashusho yiyumva nkaho yatakaje ikizere n’urukundo rw’uwo badahuje igitsina, iyo bibaye akaranda atakaza ikizere no kwihagararaho akumva ashaka kubireka ariko bikanga ,akiha agaciro gake mu bandi no gutera imbere kuri we bikagorana





Ikibazo muri rusange nuko bitera ububata bigatuma uhora wumva ushaka kureba ayo mashusho ,kumva aribyo byshimo byawe biva .ibi bikangiza kandi bigasenya umubano wawe nabo mudahuje igitsina 





Iki ngenzi ni ukumenya uburyo twitwara imbere yayo mashusho ,tukayarinda abana ,n’umuntu mukuru uyareba akamenya uburyo yabyitwaramo bitangije imyitwarire ye ndetse n’uburyo yitwara kubo badahuje igitsina .





izindi nkuru





Ifaranga ry’ikoranabuhanga rya Cryptocurrency rikomeje kwandika amateka ,sobanukirwa na byinshi ku mikorere n’imikoreshereze yiri faranga


Gatabazi Jean Sauveur

Umwanditsi akaba n'umuyobozi w'ikinyamakuru cya UbuzimaInfo cyandika ku nkuru zivuga ku buzima Website :www.ubuzimainfo.rw Youtube: UbuzimaInfo Tv

Post a Comment

Previous Post Next Post