Uburyo butandukanye bukoreshwa mu kuboneza urubyaro

Mu rwego rwo gufasha abantu kubyara ,umubare  w’abana bifuza no gufasha abantu kubyara mu gihe babishaka ,hashizweho uburyo butandukanye bwo kuboneza urubyaro .

Ibyiza byo kuboneza urubyaro

1.Birinda gusama inda utifuza

2.bifasha kubyara umubare w’abana wifuza

3.birinda kubyara indahekana

4.Bifasha kumweya  impamvu z’ubugumba no kuzivuza

5.Bifasha kwirinda inda zishobora gutera ibibazo

6,Bifasha kugabanya imfu z’ababyeyi n’abana

7.Byongera ubwisanzure  mu gikorwa cy’abashakanye

8.Bituma haba iterambere mu muryango

Dore uburyo butandukanye bwo kuboneza urubyaro

1.Agapira gashyirwa mu mura

Ni uburyo bwizewe bukoresha agapira gato ,gashyirwa mu mura imbere ,nta kibazo gatera kandi iyo umuntu atera akabariro ntabwo akumva.

Utu dupira tukaba turi mu moko abiri ,akazwi cyani akadakoresha umusemburo ariko hari n’akandi ubu karimo gukoreshwa kagira imisemburo kandi kakaba gafasha uwagashizwemo kumurinda kanseri y’inkondo y’umura.

Ubu buryo bumara imyaka 10

2.Udupira two mu kaboko

Ni uburyo bukoresha udupira dushyirwa mu kaboko dukoresha imisemburo ,utu dupira tumara igihe cy’imyaka  3 na 5

Ubu ni uburyo bwiza kandi bwizewe ,bukaba butagira ingaruka mbi ku mashereka kandi nta bibazo byinshi buteza

3.Uburyo bwo kwifungisha burundu ku bagore

Ni uburyo bukoreshwa ,aho bafunga imiyobora ntanga , bukaba ari uburyo bwa burundu kandi busaba icyemezo  cyatekerejweho neza

4.Uburyo bwo gufunga burundu ku bagabo

Ni uburyo bwa burundu bukoreshwa n’abagabo  aho umugabo afata icyemezo cyo kwifungisha burundu.

Ubu buryo bukaba busaba ku butekerezaho neza no gufata icyemezo wabanje kugisesengura.

5.Urushinge                           

Urushinge ni uburyo bukoresha umusemburo ,kakaba ari agashinge gaterwa ku kaboko ,ku matako nahandi nko ku kibero cyangwa ku mabuno.

Ubu ni uburyo bumara ukwezi kugeza ku mezi atatu kandi bukaba bukoreshwa n’umugore gusa.

6.Ibinini

Ibinini nabwo ni uburyo bukoresha .imisemburo ,bikaba ari ibinini binyobwa buri munsi nabwo bukaba ari uburyo bwiza ariko busaba kudasibana n’umunsi numwe udafashe imiti.

7.Agakingirizo

Agakingirizo nako ni bumwe mu buryo bukoreshwa mu kuboneza urubyaro ,aho hari agakingirizo k’abagabo n’agakingirizo k’abagore.

Agakingirizo gashobora no kurinda indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina

8.Urunigi

Abantu  bafite ukwezi kudahindagurika bashobora gukoresha ubu buryo ,aho babara bakifata mu minsi y’burumbuke bwabo .

9.Kalendari

Ubu nabwo ni bumwe mu buryo bukoreshwa mu kuboneza urubyaro ,aho umugore akoresha kalendari abara iminsi ye y’uburumbuke.

10.Ururenda

Ubu nabwo ni uburyo bukoresha ggukurikirana imiterere y’ururenda ,ibi bikaba bifasha ubukoresha kumenya igihe yinjiye mu minsi y’uburumbuke.

11.Konsa

Ubu nabwo ni buryo bukoreshwa n’umugore ukimara kubyara,aho yonsa umwana we kugera ku mezi atandatu ,

Kandi ubu ni bumwe mu buryo kamere ,bushobora no gukoreshwa nundi wese imyizerere ye itemera kuboneza urubyaro akoresheje uburyo bwa kizungu.

12,Uburyo bwo kwiyakana

Ubu bukaba aei uburyo ,umugabo iyo yumva agiye kurangiza yiyaka umugore bityo akarangiriza hanze ariko bukaba Atari uburyo bwiza kandi bukaba bushobora kunanira benshi.

Icyitonderwa

Bykuwe mu nyandiko ya Minisiteri y’Ubuzima ifatanyije na USAID

Iyi nyandiko igamije kwigisha gusa

Izindi nkuru wasoma

https://ubuzimainfo.rw/impinduka-zigaragara-ku-mubiri-wumugore-kuva-agisamwa-kugeza-abyaye/

https://ubuzimainfo.rw/impamvu-zishobora-gutuma-umugore-ababara-mu-gihe-atera-akabariro/

https://ubuzimainfo.rw/imyitwarire-4-iranga-umukobwa-uzavamo-umugore-mwiza-kandi-uzubaka-urugo-rugatera-imbere/

Gatabazi Jean Sauveur

Umwanditsi akaba n'umuyobozi w'ikinyamakuru cya UbuzimaInfo cyandika ku nkuru zivuga ku buzima Website :www.ubuzimainfo.rw Youtube: UbuzimaInfo Tv

Post a Comment

Previous Post Next Post